Emmanuel Abayisenga,wa munyarwanda watwitse Kiliziya ya Nantes mu Bufaransa, yahamijwe kwica Padiri Olivier Maire.Yasabiwe gufungwa imyaka 30

Umwanditsi:Prof HAKIZIMANA Maurice

Urukiko rw’Ubujurire rwa Vendée (Cour d’assises) mu Bufaransa rwakatiye, ku wa kane tariki ya 22/01/ 2026, Emmanuel Abayisenga,wa munyarwanda watwitse katedarali ya Nante, igifungo cy’imyaka 30 ahamijwe icyaha cyo kwica Padiri Olivier Maire, icyaha cyabaye mu kwezi kwa 8 mu mwaka wa 2021. Uregwa yari asanzwe yarakatiwe kubera gutwika Katederali ya Nantes mu 2020.

Padiri Olivier Maire, wari ufite imyaka 60, akaba yari Umuyobozi Mukuru w’Abamisiyoneri ba Montfort (supérieur provincial), yari yarakiriye uyu munyarwanda Emmanuel Abayisenga mu muryango w’abihayimana nyuma yo kuva muri gereza yari arimo akurikiranwa n’ubutabera. Uwo mupadiri yari azwi cyane ku murimo we w’abihayimana no ku gukomera ku ndangagaciro za gikirisitu zirimo urukundo, impuhwe n’imbabazi zidashingiye ku nyungu.

Soma nanone:Mu Bubiligi: Umusore w’umunyarwanda w’imyaka 25 yafunzwe azira gufata ku ngufu umubiligikazi wari ku igare agiye ku kazi mu gitondo cya kare. 

Ibyabaye byabereye mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira uwa 9/08/ 2021, i Saint-Laurent-sur-Sèvre. Nk’uko byagaragajwe n’isuzuma ry’umurambo (autopsie), Padiri Olivier Maire yapfuye azize gukubitwa bikabije akameneka umutwe. Bukeye bwaho, uregwa yiyishyikirije ubwe inzego z’umutekano (gendarmerie).

Indi nkuru yo mu Bufaransa:Wa mwana (w’umunyarwanda) wishe se amusogose yararekuwe, ntazafungwa.Menya impamvu

Mu rubanza, Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko ahanishwa igifungo cya burundu (réclusion criminelle à perpétuité). Icyakora, urukiko rwafashe umwanzuro wo kumuha igifungo cy’imyaka 30, rwanze igitekerezo cy’uko ngo ubushobozi bwe bwo gutekereza buri hasi cyangwa ko yaba arwaye mu mutwe, igitekerezo cyari cyatanzwe na bamwe mu baganga b’indwara zo mu mutwe.

Emmanuel Abayisenga yari yarakatiwe kandi muri 2023 igifungo cy’imyaka ine kubera inkongi yateje muri Katederali ya Nantes — inkongi yangije bikomeye cyane orgue nini ya kiliziya. Amaze kuva muri gereza, yari yaracumbikiwe n’uwo muryango w’abamisiyoneri b’abihayimana ari nabo yishemo padiri.

Inkuru byenda gusa: Lyon, mu Bufaransa: Claude, umugabo w’umunyarwanda w’imyaka 39 yishe asogose n’icyuma umugore we,Claudine, nawe w’umunyarwandakazi,w’imyaka 38.Bari bafitanye abana batatu.Ntibabimenye kuko bari basinziriye.

Ku itangira ry’urubanza, uregwa w’imyaka 45 yanze kuvuga amazina ye n’umwirondoro we mu magambo, asaba guhabwa urupapuro n’ikaramu maze mu nyandiko asaba ko uburenganzira bwe bwo guceceka bwubahirizwa. Yanditse ati: “Ndasaba ko uburenganzira bwanjye bwo guceceka bwubahirizwa. Sinshaka umusemuzi kandi sinshaka n’umwunganizi mu mategeko.”

“Ndasaba ko uburenganzira bwanjye bwo guceceka bwubahirizwa. Sinshaka umusemuzi kandi sinshaka n’umwunganizi mu mategeko.”Emmanuel Abayisenga abwira mu nyandiko umucamanza wari uyoboye urubanza, Anne Haye.


Nk’uko byatangajwe na Me Antoine de Guerry de Beauregard, umwavoka w’umuryango w’Abamisiyoneri ba Montfort wari mu baburanyi ku ruhande rw’uwishwe n’abiciwe uwabo, iyo myitwarire ntiyamutunguye. Yabwiye urukiko ati: “Twari tubyiteze, kuko no mu bindi bihe byari byabanje, iyo yahamagazwaga yangaga kwitaba akanga no kuvuga”.

Wasoma kandi:Mu Bubiligi,umunyarwanda yishe umugore we bwite! Dore uko byagenze!

Umurambo wa Padiri Olivier Maire wabonetse wuzuye amaraso mu nyubako bombi babagamo. Iyi nkuru yateje agahinda n’akababaro kenshi mu Bufaransa, cyane cyane mu muryango wa Kiliziya Gatolika.

             Emmanuel Abayisenga ahura kandi asuhuza papa François muri 2016

Soma nanone:Axel Rudakubana,wa musogosi w’umwongereza ukomoka ku babyeyi b’abanyarwanda wicishije icyuma abana bato batatu yakatiwe igifungo cya burundu,kidashobora kugabanywa ngo kijye munsi y’imyaka 52

Uru rubanza rwazamuye impaka nyinshi ku ntege nke z’ubutabera n’imikurikiranire y’abantu bari mu maboko yabwo. Benshi bavuze ko yagombaga guhabwa igihano kiruta ibindi byose. Baribaza bati “Byumvikana bite ko umuntu wari warakatiwe kubera gutwika Kiliziya yashoboye gukora icyaha gikomeye nk’iki ku muntu wari waramuhaye icumbi, ubufasha n’uburinzi, akamuramburira amaboko mu izina ry’imbabazi n’urukundo rwa gikristu”?

Iyi si,

Prof HAKIZIMANA Maurice II Kunkurikira kuri Whatsapp https://whatsapp.com/channel/0029VaCyM5ILdQejDYwQ2b2u II Kunkurikira kuri facebookhttps://www.facebook.com/professormaurice/.  

KWAMAMAZA

🌍 TIDAS – Traduction (guhindura mu ndimi inyandiko), Interprétariat (gusemura) &Accompagnement dans vos démarches d’asile et de séjour en France” (gufasha byose mu bijyanye n’amadosiye asaba ubuhunzi, gutura, no kubona ibyangombwa byose byo gukorera no kuba mu Bufaransa)

Murakaza neza muri TIDAS

Intego yacu: gufasha abanyamahanga baba mu Bufaransa guhangana n’imbogamizi z’ururimi n’iz’ibyangombwa byose.

Serivisi zacu:


✅ Itumanaho n’ubusemuzi mu gihe cyo guhura n’abategetsi cyangwa gushyira ku murongo dosiye zawe
✅ Kugufasha dosiye zo gusaba ubuhungiro
✅ Ubufasha bwose mu bijyanye n’amadosiye yo gutura, no kubona ibyangombwa byose byo gukorera,kwiga no kuba mu Bufaransa

Hamwe na TIDAS, ubona serivisi ya kinyamwuga, yemewe n’amategeko; yita ku bantu kandi yizewe.
Twizera ko buri muntu akwiye gutegwa amatwi no gufashwa.

📞 Twandikire uyu munsi tuvugane ku mushinga wawe kuri (+33) 07 58 90 35 49 cyangwa utwandikire kuri tidasetvous@gmail.com

✨ TIDAS :

“TIDAS – Iguhora hafi ”
“Ijwi ry’Abanyamahanga mu Bufaransa”
“Gusobanukirwa, Gusemura, Gufasha”

28 thoughts on “Emmanuel Abayisenga,wa munyarwanda watwitse Kiliziya ya Nantes mu Bufaransa, yahamijwe kwica Padiri Olivier Maire.Yasabiwe gufungwa imyaka 30

  1. **backbiome**

    Mitolyn is a carefully developed, plant-based formula created to help support metabolic efficiency and encourage healthy, lasting weight management.

Leave a Reply to nobartv Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *