Elon Musk yisubiriye mu bucuruzi ibya politike abaye abivuyemo,kuva uyu munsi ntagifite umwanya mu butegetsi bwa Leta ya Trump

HAKIZIMANA Maurice

DOGE: Elon Musk asize Doge,kugenda kwe kwakozwe bucece. Ku rubuga rwa X ku wa gatandatu, tariki ya 24 Gicurasi, uyu muyobozi wa Tesla yatangaje ko yisubiriye mu bucuruzi bwe, n’ubwo atavuze ku mugaragaro ko avuye muri politike ya Trump. Nk “umukozi wa leta udasanzwe,” Amategeko yemeraga ko yashoboraga gukorera muri guverinoma y’Amerika iminsi 130 gusa, kugeza uyu munsi ku wa gatatu, 28 Gicurasi 2025.

II Kunkurikira kuri Whatsapp https://whatsapp.com/channel/0029VaCyM5ILdQejDYwQ2b2u II Kunkurikira kuri facebookhttps://www.facebook.com/professormaurice/

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 28 Gicurasi 2025, ni umunsi wa nyuma wa Elon Musk muri DOGE, ishami rya leta rishinzwe kugenzura imikorere y’inzego,ryashyizweho na Donald Trump.

Ni iki uyu mutware wa Tesla yagezeho? Reka turebere hamwe ibyanditswe na Ouest-France kuwa 28/08/2025.

Wasoma nanone: ELON MUSK YARENZE URWEGO RWO KUBA UMUKIRE WA MBERE KU ISI- YABAYE UMUHERWE WA MBERE MU MATEKA

Elon Musk na Doge ye: Yageze ku ki?

Icya mbere cyo, Elon Musk agiye atabashije gusohoza ubutumwa yabanje guhabwa: kuzigama tiriyari 2 z’amadolari ya guverinoma y’Abanyamerika, ingengo y’imari yose igera kuri tiriyari 7.

Ageze muri Doge, iyi ntego yari yagabanijwe kugera kuri tiriyari imwe y’amadolari. Igiteranyo umuyobozi wa Tesla atigeze abasha no kwegereza kugeraho. Kuva ku wa kabiri, tariki ya 27 Gicurasi, urubuga rwa Doge rwatangaje ko hinjijwe miliyari 175 z’amadolari gusa, nk’uko bivugwa.

Hagati aho, nk’uko ikinyamakuru New York Times kibitangaza, 12% by’abakozi miliyoni 2.4 bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika bahatiwe kuva mu mirimo yabo cyangwa barirukanwa (harimo n’abo mu kigo gishinzwe imfashanyo y’iterambere, Ijwi rya Amerika, ndetse n’igice kinini cy’abo mu ishami ry’uburezi). Ariko benshi basubijwe mu cyemezo cy’urukiko, cyangwa mu bihe bimwe na bimwe kubera ko serivisi zidakora zitabayeho.

Soma:Elon Musk yashoye mu kwamamaza Donald Trump akayabo ka miliyoni 110 z’amadolari,ari kubyina intsinzi!

Imikorere yo kutagira impuhwe ?

Elon Musk yageze kuriyi mibare nayo mike yifashishije uburyo bwa kinyamaswa, bwo kutagira impuhwe, ibyo bikaba byaratumye umuyobozi wa SpaceX agenda arushaho kwangwa na rubanda. Mu mpera z’ukwezi kwa 4, ubushakashatsi bwakozwe na Ipsos kuri ABC na Washington Post bwerekanye ko 57% by’Abanyamerika badakunda na gato imikorere ye yo guhutaza abandi bakozi.

Gabriel Solans, umushakashatsi mu mateka n’umuco by’Abanyamerika muri kaminuza ya Paris Cité, yabwiye HuffPost ati: “Kugabanya ingengo y’imari byari ubugome, ubunyamaswa, kandi ntawe byashimishije rwose,ndetse no mu mbere mu begereye Trump ubwe.”

N’ubucuruzi bwa Musk nabwo bwarahangirikiye

Igihe cya Elon Musk mu butegetsi bwa Trump nacyo cyagize ingaruka ku bucuruzi bwe, bwahungabanyijwe cyane cyane n’ubutware bwe bukakaye,bwa kinyamaswa.

Nk’uko imbonerahamwe nto ikurikira ibigaragaza,kugura imodoka za Tesla, zimwe mu mali fatizo za Musk, byaragabanutse cyane kuva umwaka watangira, cyane cyane mu Burayi.

Soma nanone:UMUHERWE WA MBERE KU ISI YITWA BERNARD ARNAULT,NTAKIRI JESS BEZOS, KANDI YACIYE KURI ELON MUSK, MARK ZUCKERBERG NA BILL GATES

Mu mpera z’ukwezi kwa 4, CEO wa Tesla, bwana Vaibhav Taneja, yemeye ko ubucuruzi bwa Tesla bwahuye n’ “urwango rukabije”, rudafite ishingiro, kandi ko “kwangiza ubucuruzi bwa Tesla” byari bishingiye ku ngaruka mbi z’imikorere ya DOGE. Igitekerezo rero, nk’uko Donald Trump yabivuze mu ntangiriro z’ukwezi kwa 5, ni ko Elon Musk “asubira mu modoka ze.”

Le milliardaire Elon Musk lors du rassemblement de campagne de Donald Trump, le 27 octobre 2024 au Madison Square Garden, à New York.

Miliyarideri Elon Musk mu kwamamaza Donald Trump, aha ni ku ya 27/10/ 2024 kuri Madison Square Garden, New York. © Evan Vucci / AP

Soma nanone: US Amerika ntiyemera imvugo “Jenoside yakorewe abatutsi” yo yivugira “Jenoside Nyarwanda” yakorewe“Abahutu,Abatutsi,Abatwa n’Abanyamahanga ”!

Wasoma kandi:Leta zunze ubumwe za Amerika zigiye gutangira kohereza abimukira b’inkozi z’ibibi bose mu Rwanda no muri Libiya

Iyi si,

Mwalimu HAKIZIMANA Maurice II Kunkurikira kuri WhatsApp  Whatsapp https://whatsapp.com/channel/0029VaCyM5ILdQejDYwQ2b2u II  Kunkurikira kuri page facebook: https://www.facebook.com/professormaurice/

5 thoughts on “Elon Musk yisubiriye mu bucuruzi ibya politike abaye abivuyemo,kuva uyu munsi ntagifite umwanya mu butegetsi bwa Leta ya Trump

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *