MIA na SUN, ni impinja z’impanga zavutse ku wa mbere tariki 22 mata 2024! Nta mama zigira: zifite ababyeyi babiri, umugabo witwa Marco n’undi mugabo witwa Simon!

HAKIZIMANA Maurice

Umusitari ukomoka mu majyepfo y’Ubufaransa n’umugabo we Marco Maestri baguye umuryango wabo nyuma yimyaka ibiri bashyingiranywe, basohoza inzozi z’ubuzima bwabo bwose. Ubu impinja zombi zavutse umwaka ushize zujuje umwaka.

Simon Porte Jacquemus et Marco Maestri sont devenus papa.

Simon Porte Jacquemus et Marco Maestri sont devenus papa.© Getty Images via AFP

Dore uko Simon Porte Jacquemus yanditse kuri Instagram bakimara kubyara:

« MIA na SUN murakaza neza ku isi,rukundo rwacu ! Twari tubategereje cyane,turabakunda cyane! Hamwe namwe,inzozi zacu zabaye impamo. Papa Marco na Papa Simon ❤️️”.

Hashize imyaka itatu uyu mu star (wo muri Espagne) Simon Porte Jacquemus ashakanye na Marco Maestri. Hari ku wa 27 Kanama 2022,bashagawe n’imiryango yabo n’incuti zabo ziganjemo aba stars bakomeye nkawe !Iyi si itangiye kumenyera buhoro buhoro aba bagabo bashakana! Ubu bisigaye bifatwa nk’ibisanzwe!

Ino uwari Minisitiri w’intebe n’uw’Ububanyi n’amahanga bararambanye! Mu mashuri ntitukibaza abanyeshuri amazina ya papa na mama tubabaza amazina y’umubyeyi wa 1 n’u mubyeyi wa 2 [Parent 1 & Parent 2]

Igitekerezo cyo muri Bibiliya ku bayemera: Abaroma 1:26-27

26.Ni cyo cyatumye Imana ibarekera kurarikira ibyonona, ndetse bigeza ubwo abagore babo bakoresha imibiri yabo uburyo bunyuranye n’ubwo yaremewe.
27.Kandi n’abagabo ni uko, bareka kugirira abagore ibyo imibiri yabo yaremewe, bashyushywa no kurarikirana. Abagabo bagirirana n’abandi bagabo ibiteye isoni, bituma mu mibiri yabo bagarurirwa ingaruka mbi ikwiriye kuyoba kwabo.

Wowe ubona ute ibi bintu byo gushakana kw’abahuje igitsina [ubutinganyi n’ubukubanyi]? Ese mu gihugu ubamo bimaze kumenyerwa nk’ibi tubamo?

IYI SI,

HAKIZIMANA MAURICE .Wamukurikira kandi kuri :chaîne  ya WhatsappFacebook,Twitter na Instagram

2 thoughts on “MIA na SUN, ni impinja z’impanga zavutse ku wa mbere tariki 22 mata 2024! Nta mama zigira: zifite ababyeyi babiri, umugabo witwa Marco n’undi mugabo witwa Simon!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *