ADN, BIBILIYA N’IMANA!

Hakizimana Maurice

Mu gice kibanza(kanda hano ubanze ubisome) no mu gice cyakurikiyeho:(kanda hano) nasubije ibibazo bikurikira: I. ADN ni iki? II. ADN ikora iki mu kinyabuzima? III.Ese umuntu agira ADN z’ababyeyi be? IV.Ese ikizamini cya ADN cyanyereka abo dufitanye isano se,uretse ababyeyi banjye gusa? V. Ese ADN yakemura ikibazo cyo kumenya ubwoko bwawe? Inkomoko yawe ya kure? Ibisekuru?

Ubu noneho,tuganire ku ngingo igira iti:

(VI)ADN, BIBILIYA N’IMANA

Kubera iki usa gutyo? Kuki wirabura cyane,undi akera,undi agatukura, undi akaba umuhondo? Kuki abantu basa ku ibara ry’uruhu bagira amabara y’umusatsi anyuranye,amabara y’amaso anyuranye n’ibindi?

Kuki ufite inyinya? Kuki uri muremure, mugufi? Kuki ifite moustache? Kuki ufite akazuru gasongoye,undi akagira akazuru kabwase? Kuki usa na so,na nyoko,na bene wanyu? Kuki? Kuki?

Igisubizo? ADN!

Charles DARWIN yapfuye ataramenya ADN: We yatekerezaga ko abantu batari abantu ku ikubitiro,ko hagiye habaho ubwihindurize (evolution) bwaje gutanga Muntu wemye w’iki gihe! Nyuma ye, siyansi yakomeje akazi kayo kandi kugeza ubu,dufite ibisubizo bya biriya bibazo byose: IGITABO CYITWA ADN.

Icyo gitabo nicyo kibamo buri kantu kose kazagenga iby’iyororoka n’iremwa ry’umwana mu nda ya nyina,uko azasa,azareshya,ibara rye n’ibindi bifatiye ku bisekuru bye byivanga bikatanga isura nshya!

Buri muntu wese wabayeho afite isura ye,nta kopi yawe yigeze ibaho,ntabwo ADN ishishura (iterura/copier gusa),ahubwo yubahiriza “copyright” (uburenganzira bw’Umuhanzi n’Ibihangano bye)!

BIBILIYA iyivugaho iki?

Nta gitabo cyera cyamamaye kandi gikuze ku isi kurusha Bibiliya.Nayo yemeza ko ADN ari ikindi gitabo cy’Imana kidafatika (kitari “hard copy”) ahubwo kiri muri twe!

Handitswemo iki?

Bibiliya ikindi gitabo cyera cyamamaye kibihishura muri ZABURI 139:16.

Niba uzi neza icyo ADN aricyo,ngaho bigereranye n’aya magambo y’umwami Dawidi wanditse atabyibwirije agira ati:

“Nkiri n’urusoro, amaso yawe yarambonaga; iminsi wangeneye yose yari isanzwe yanditse mu gitabo cyawe, na mbere yuko umwe muri yo utangira kubaho”.— Zaburi 139:16 KBNT

Abahanga (scholars) mu bya Bibiliya (biblistes) bemeza ko ayo magambo ahishura ko amategeko agenga iby’iyororoka n’ibizaturanga(ADN) atabayeho gutya gusa ahubwo ko yatekerejweho n’Uwaremye umuntu/Ibindi biremwa,ubundi bikiyinstalla neza cyane,bikajya bikurikiza ayo mategeko (code) asa nk’ayanditse!!

Amakuru yose agenga iby’iyororoka n’ibizaturanga abitse neza cyane muri ADN nk’uko CD,flash disk (USB) na internet bibika amakuru (données) stabarika mu buryo utasobanura!

Birumvikana ko ari urugero gusa kuko ubushobozi ADN ifite bwo kubika (stockage) burenze cyane ubwo!!

IMANA:Umuremyi wa muntu

Abenshi muri twe twize Imana mu bitabo byera! Igitabo cyera kirusha ibindi byose ubukuru no kwamarara,ni Bibiliya.Ibitabo byera byose bihurira ku nkuru y’uko abantu bose bakomotse ku mugabo umwe n’umugore umwe aribo Adamu na Eva/Hawa,ko isi yose yaje kororoka iturutse aho,kandi ko dufitanye isano [ya kure]twese!!

ADN nayo yemeza ko hari isano abantu bose bafitanye! Mu bice bibanza nababwiye ingero z’abirabura babyaye abazungu,kandi hari iz’abazungu butwi babyaye abirabura.

Nanababwiye abantu bazwi bivugiye ko bakoresheje ibipimo bya ADN bashaka kumenya INKOMOKO n’UBWOKO byabo, bakisanga ari “imvange ihambaye y’amoko menshi”, cyangwa umunyamerikakazi agasanga ari “Umunyanijeriya” cyangwa indi nkomoko!!

Ese ibyo ntibihamya ko burya amoko yacu ari amacurano? Dufitanye isano twese,isano ya kure cyane,ariko irahari!

UMWANZURO:

Ibizamini byo gushaka kumenya ubwoko bwawe n’inkomoko yawe bigaragaza buri gihe ko burya amoko ari twe twayiremeye, ko muri biologie yacu harimo ibinyuranye n’ibyo twibwira.Binahamya kandi ko hariho Imana, Umuremyi wa twese nk’uko Bibiliya ibihamya!!

Mu ngingo isoza [NI IBIKI BISHOBORA KWANGIZA ADN ZACU,ZIGATANGA AMAKURU ATARI YO?]Ni ah’ubutaha!!

Profeseri Hakizimana Maurice ni umwarimu w’umwuga warangije icyiciro gihanitse(masters Meef) mu burezi muri Université Catholique de Paris no mu bumenyamuntu muri Sorbonne Université,akaba yigisha amashuri makuru mu Bufaransa.Wamukurikira kandi kuri : Facebook,Twitter na Instagram

1,054 thoughts on “ADN, BIBILIYA N’IMANA!

  1. Desarrollado por la prestigiosa compañía Smartsoft, 1Win Balloon vio la luz en 2019 y, desde entonces, ha experimentado un crecimiento imparable en popularidad entre los jugadores de todo el mundo por su propuesta sencilla pero que genera gran adherencia. Cualquier persona residente en Colombia puede descargar 1win app en su smartphone de forma gratuita. La aplicación tiene pocos requisitos de sistema y está disponible para Android 10.0 o superior e iOS 11.0 o superior.  Si bien el concepto de una aplicación Balloon descargable para PC puede ser atractivo, el juego no ofrece una versión de escritorio independiente. En su lugar, los usuarios de PC pueden jugar directamente a través de cualquier navegador web moderno. Simplemente visita un casino online que ofrezca el juego Balloon Crash, y podrás acceder a él directamente desde el sitio web, asegurándote una experiencia de juego sin complicaciones y sin descargas.
    https://timesbook.fr/balloon-apk-para-android-soltar
    El juego Balloon Crash presenta un tema visual sencillo pero de alta calidad. Al iniciar el juego, te da la bienvenida un claro globo amarillo de alta resolución en el centro de la pantalla. Los gráficos son nítidos y visualmente atractivos, complementados por animaciones suaves que mejoran la experiencia general. Este diseño minimalista asegura un entorno libre de distracciones, permitiendo a los jugadores sumergirse completamente en el juego sin elementos innecesarios. Puedes jugar al 1win juego de balloons en línea desde tus dispositivos móviles a través de la 1win Balloon aplicación. El jugador deberá hacer su apuesta y comenzar a hinchar un globo todo lo que pueda. A continuación, habrá de retirar su apuesta antes de que explote o perderá todo lo apostado. El jugador deberá hacer su apuesta y comenzar a hinchar un globo todo lo que pueda. A continuación, habrá de retirar su apuesta antes de que explote o perderá todo lo apostado.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *