ARSENAL YABA YAHAGARITSE KWAMAMAZA NO KWAMBARA « VISIT RWANDA»,YIKUYE MU MASEZERANO

By HAKIZIMANA Maurice

Ikipe yo mu Bwongereza muri Premier League ARSENAL niyo ibimburiye izindi mu gufatira ibihano u Rwanda ihagarika (ntizavugurura) kurwamamaza kubera umutekano muke ngo ruteza mu burasirazuba bwa Kongo DRC (ariko rwo ruvuga ko barubeshyera). ARSENAL yemeza ko hari ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa Kongo kandi ko zishinjwa gushyigikira inyeshyamba za M23 no gufata Goma na Bukavu muri Nord/Sud Kivu.

Ku rubuga rwa Arsenal FR kuri X, dusoma ngo:

“Arsenal iri gutekereza kutazongerera amasezerano ya Visit Rwanda ku nshuro ya gatatu. Iri gushakisha ubundi buryo bushya, bwinjiza amafaranga menshi kandi buzima. Twabibutsa ko u Rwanda ruri kugira uruhare rugaragara mu iyicwa ry’abaturage mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. ”

Iyi nkuru turacyayikurikiranira hafi……

Iyi si

HAKIZIMANA Maurice:  II Kunkurikira kuri WhatsApp  Whatsapp https://whatsapp.com/channel/0029VaCyM5ILdQejDYwQ2b2u II  Kunkurikira kuri page facebookhttps://www.facebook.com/professormaurice/

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *