Perezida w’Ubushinwa Xi na perezida w’Uburusiya Putin bafite gahunda yo kudapfa no kuzaduha ubuzima bw’iteka?

Auteur:HAKIZIMANA Maurice

Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping na Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin bumvirijwe baganira ku gusimbuza ingingo z’umubiri nk’uburyo bwo gutuma UMUNTU ARAMBA, ubwo baganiraga iruhande rw’akarasisi ka gisirikare mu murwa mukuru Beijing w’Ubushinwa.

Putin yanumvikanishije ko n’UBUZIMA BW’ITEKA RYOSE bushobora kugerwaho binyuze mu guhanga udushya ko mu ikoranabuhanga mu binyabuzima, nkuko bikubiye mu busemuzi bw’amagambo yabo yafashwe n’indangururamajwi yari kuba ifunze mu gihe baganiraga ukwabo.

Uko kuganira kwabo kutarinzwe kwafashwe na televiziyo y’igihugu y’Ubushinwa yatangazaga uwo muhango urimo kuba, ubwo abo bategetsi bombi hamwe n’umutegetsi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un bari barimo bagenda n’amaguru mu rubuga ruzwi cyane mu mateka rwa Tiananmen Square rwo mu Bushinwa.

Xi amaze imyaka 13 ku butegetsi, naho Putin amaze imyaka 25 ku butegetsi. Nta n’umwe muri bo ugaragaza ko ateganya kuva ku butegetsi.

Icyo kiganiro cyihariye cyabo cyumvikanisha ko bareba aharenze urwego rw’ubukungu n’urwego rwa politike.Bari no kureba ibyo KUZATANGA UBUZIMA BW’ITEKA.

Ikiganiro cyabo cyasemuwe n’umusemuzi uvuga ururimi rwa Mandarin ruvugwa mu Bushinwa wasemuraga amagambo ya Putin hamwe n’Umurusiya wasemuraga ibivugwa na Xi, ndetse ayo magambo yasemuwe mu Cyongereza na BBC(nkesha agace k’iyi nkuru)!

Umusemuzi w’amagambo Xi yavugaga yumvikanye avuga mu Kirusiya ati: “Kera, byabaga ari imbonekarimwe kuba umuntu yarenza imyaka 70 none muri iyi minsi bavuga ko ku myaka 70 umuntu aba akiri umwana.”

Xi afite imyaka 72, mu gihe Putin azuzuza imyaka 73 mu kwezi gutaha.

Hahise hakurikiraho amagambo ya Putin atumvikana. Uwasemuraga amagambo ye ayashyira mu rurimi rwa Mandarin ahita yongeraho ati:

“Hamwe n’iterambere mu ikoranabuhanga ryo mu binyabuzima, ingingo z’umubiri w’umuntu zishobora gusimbuzwa ubuziraherezo, ndetse abantu bashobora kubaho [ari na ko] barushaho kuba bato cyane [bafite itoto], ndetse bakagera no ku kudapfa.”

Nuko uwasemuraga amagambo Xi yavugaga agira ati:

“Ubuhanuzi ni uko, muri iki kinyejana, bishoboka no kubaho kugeza ku [myaka] 150.”

Amakuru avuga ko nyuma yaho Putin yasubiyemo ayo magambo ye ubwo yaganiraga n’ibitangazamakuru byo mu Burusiya.

Ibiro ntaramakuru TASS bya leta y’Uburusiya byasubiyemo amagambo ye agira ati:

“Uburyo bugezweho bwo kongera gusubiza ibintu uko byari bimeze, uburyo bwo mu buvuzi, ndetse n’ubujyanye no kubaga bwo gusimbuza ingingo, butuma inyokomuntu yizera ko UBUZIMA BUSHOBORA KUMARA IGIHE KIREKIRE KURUSHA uko bimeze uyu munsi.

“Imyaka rusange umuntu amara [akiriho] iratandukanye mu bihugu binyuranye ariko ICYIZERE CYO KUBAHO KIZIYONGERA CYANE.”

Wasoma nanone: Ese kubaho iteka birashoboka?

Ku wa gatatu, Perezida w’Amerika yashinje Xi gucura umugambi wo kugirira nabi Amerika afatanyije n’umutegetsi w’Uburusiya n’uwa Koreya ya Ruguru.

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwe rwitwa Truth Social, Trump yanditse ati: ⤵️

“Muntahirize cyane Vladimir Putin na Kim Jong Un mu gihe mucura umugambi wo kugirira nabi Leta Zunze Ubumwe z’Amerika”

Inkuru irarangiye

ESE WOWE UBONA UBUZIMA BW’ITEKA BUSHOBORA KUGERWAHO N’ABANTU UBWABO? UBUNDI SE ABANTU BAZI IMPAMVU DUSAZA KANDI TUGAPFA?

Iyi si

HAKIZIMANA Maurice IISuivre ma chaine Whatsapp https://whatsapp.com/channel/0029VaCyM5ILdQejDYwQ2b2u II Suivre ma page facebook: https://www.facebook.com/professormaurice/.

27 thoughts on “Perezida w’Ubushinwa Xi na perezida w’Uburusiya Putin bafite gahunda yo kudapfa no kuzaduha ubuzima bw’iteka?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *