Urwenya: Indyarya ihimwa n’indyamirizi

Yanditswe : HAKIZIMANA Maurice

Ejo umugore wanjye yanyoherereje ubutumwa bugufi agira ati;

« Sheri utugurire umugati,ntiwibagirwe! Eeh nibagiwe kukubwira ko mucuti wawe Aïcha mushiki wa Ibrahim agusuhuza.”

Njye: Aïcha? Aïcha ninde se kandi?

We: Nta we 😂nashakaga ko usubiza, kugira ngo menye ko wabonye mesaji yanjye.

Njye: Ariko n’ubundi ndi kumwe n’inyasito yitwa Aisha ubu nonaha, nari ntekereje ko hari aho utubonye?

We: Ngw’iki?? Muri he ?

Njye: Hano rwose mu kabari karebana na bulanjeri yo kwa Gasana.

We: Ok! Mpise nza !

Nyuma yiminota 5, yohereza ubutumwa:

Ati: “Ndi ku kabari karebana na bulanjeri none ko ntababona ?”

Njye: Ndi kukazi. 😜None rero ubwo uri imbere ya bulanjeri, gura imigati yose ushaka … 😘.., ni aho ku mugoroba! Ndagukunda 😘!

Indyarya ihimwa n’indyamirizi😂😂😂 Kandi ngo Utazi ubwenge ashima ubwe😀😀😀

Iyi si

HAKIZIMANA Maurice:  II Suivre ma chaine Whatsapp https://whatsapp.com/channel/0029VaCyM5ILdQejDYwQ2b2u II Suivre ma page facebook: https://www.facebook.com/professormaurice/

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *