ABIDISHYI

HAKIZIMANA Maurice

Abidishyi bari bafite

Umwami wabo;

bukeye arapfa

asimburwa

n’umuhungu we.

uwo mwami mushya, mu

mategeko ye ya

mbere ahamagaza

umwiru ati

« Shyira

ingoma ku

karubanda, uyihe umurishyo, aho

umusore wese ari

mu gihugu cyanjye

aze anyitabe.»

Nuko umwiru

abikora uko abwiwe, abasore bose

basesekara aho.

umwami

arabitegereza asanga

nta musaza

ubarangwamo.

Ati « ni uko ni byiza; icyo

nabahamagariye ni

ukubamenyesha ko

ufite se w’umusaza

wese agenda

akamwica, kandi ntihagire n’umwe

ugira icyo avuga

kandi ngo abaze. Ni

mwemere icyo

mbategetse gusa,

iryo ni iteka nciye.»

Bose

ntibabyishimiye

birumvikana, ariko

kubera itegeko

rirusha ibuye

kuremera, barumvira. Bamaze

kubyemera,

umwami ati

«Nimwihute

mubahotore,

nimumara uwo mwanda mu gihugu

cyanjye, mugaruke

mubimenyeshe

mbone

kubasobanurira

amategeko mashya, akwiranye n’ingoma

yanjye.

Bashyira nzira bajya

gukora ishyano

bahatiwe, bamwe

bahutiraho bahotora

ababyeyi babo, ngo

babonereho kubazungura kandi

bashimishe n’uwo

mwami wabo

w’umusore.Abandi

bafatwa n’impuhwe

bibutse akamaro k’umubyeyi bati «Umwami

yadutegetse

gutsemba ababyeyi

bacu, ariko ntaturora,

reka tubahishe tuzavuge ko

bapfuye.Nuko bacikisha

ababyeyi, bajya

kubahisha mu kindi

gihugu,

kibangikanye

n’icyabo . Ariko « umubaji w’imitima

ntiyayiringanije»

Bavuyeyo umwe

abwira se ibyo

umwami

yabategetse ati « none sina nshobora

kukwica, ngwino

njye kuguhisha mu

buvumo, dutegereze

uko bizagenda

nyuma; nzajya nkugemurira

rwihishwa.»

Biba

bityo iminsi bahawe

ishize bose bahurira i

Bwami.

Umwami ajya ku nteko ati « yemwe

basore bidishyi!!!»

Bati «Karame

mwidishyi!!» twa

dusaza mwatumazeho? bati

«yego mwidishyi!!!»

Umwami amaze

kubona ko nta

musaza usigaye

uzamuvuguruza ati « Ubu ngiye kubaha

itegeko ryanjye

rishya, mwese

mugomba kwemera

ntihagire n’uhigima

arihakana. Bati «ritubwire

Nyagasani».

Ati «icyo nshaka ni

uko icyo nzajya

mvuga cyose

muzajya mucyemera mugira muti «Yego

Mwidishyi!!!».

baremera ntarindi

jambo uretse

kwikiriza bati

«Yego mwidishyi»

Baremera bose

icyarimwe bati

«Yego mwidishyi».

Abasore b’Abidishyi

bamaze guhabwa

itegeko rishya

ntibyacakabiri,

umwami

arabahamagara ati« nimuze tujye

guhiga.» Bati «yego

mwidishyi!!!»

ubwo umwami

aranezerwa yumvise

ko yumviwe; bageze mu ishyamba bica

imparage

barayiheka,

barayihigukana,

bacyura umuhigo.

Barasira, bahabwa amayoga baranywa.

Birangiye umwami

ati « Aho murabona

runo ruhu

rw’imparage ukuntu

ari rwiza bidishyi!!!», bati « turabireba

Mwidishyi.» N’uko yungamo ati

«Nimwende uru ruhu

rukiri rubisi,

murumfurebe ku

mubyimba no

kumaguru n’amaboko,

murundodereho maze nse

n’imparage.»

Bati

“yego

Mwidishyi!”

Abahanga mu

kubarira

barahashinga

barumudoderaho ,

bamaze kurangiza

rukiri rubisi ati « Aho se si byiza

bidishyi?»

bati « Yego

Mwidishyi ni byiza

rwose!!!»

Ati«

noneho nimunshyire ku zuba nshyuhe

kuko rukonje!!!»

Bati

« Yego mwidishyi!!!»

ati « Rurankanyaga

bidishyi!!!»

Bati « Yego ruragukanyaga

mwidishyi!!!»

ati «Aho ga ndapfuye

bidishyi!!!»

Bati «

Ahoga urapfuye

mwidishyi!!!»

Ati « Nimuntabare

bidishyi!»

Bati «Nibagutabare

mwidishyi!!!»

Ati«

Inyota iranyishe

bidishyi!»

Bati « Inyota irakwishe

Mwidishyi!!!»

Ati

«Uruhu rurumye

Bidishyi!!!»

Bati

«Uruhu rurumye

mwidishyi!!!».

Bityo

bityooooooo!!!!!

kuva kugasusuruko

kugeza mu

mashenguruka.

Barataha bagenda bavuga mu mayira

ibyabaye ku mwami

wabo.. bose bari

abasore, ubwenge

ari mahwi!!!

Bageze imuhira, wawundi wahishe

Se mu buvumo, ajya

kumusura

amugemuriye,

umukambwe

amubaza amakuru y’i Bwami, Umuhungu

amutekerereza uko

byagenze kuva ku

itegeko rya mbere

kugeza ku muhigo

no ku ruhu rw’imparage ati

«Kandi yadutegetse

ko icyo azajya avuga

cyose ari cyo tuzajya

twemera.»

None

dusize avuga ngo

« AHO GA NDAPFUYE

BIDISHYI!!!»

natwe

tuti « Ahoga

urapfuye

Mwidishyi!!!»

Ati

«Runyumiyeho Bidishyi !!!» Tuti«Rukumiyeho

Mwidishyi!!!!»

Ati «Nimuntabare

Bidishyi!!!!»

Tuti «Nibagutabare Mwidishyi!!!»

Wa musaza

arabyumviraaaaa!!!!!!!!!

¨Ati «Byatangiye

ryari?»

Uwo mubyeyi

w’impuhwe n’imbabazi abwira

umuhungu we ati

« mwa bapfu mwe!

umwami wacu agiye

gutangishwa

n’ubwenge buke bwanyu bwanyu!

Njyana i bwami

wenda banyice, ariko

njye ninsanga

atarahwera

ndamukiza!»

Nuko umuhungu

aramujyana,

bagezeyo basanga

agiye kunogoka. Ako

kanya ahamagaza

umuvure awuzuzamo amazi,

baramuterura

bawumuryamishamo.

Hashize

umwanyaaaa uruhu

rutangira guhehera, rurongera ruroroha

barumubamburaho

ariruhutsa,

ati «

Ashyiiiiiiii!!!! Ndakize

kandi nkijijwe

n’umuntu mukuru!!!»

Ashima wa musore

wahishe Se, abaza

niba hari abandi

bahishe ba Se ngo

babahishure

bagaruke mu byabo.

Nuko aca iteka Ati

«INGOMA IBIHUMBI,

NTAWE UGAYA

UMUSAZA KUKO ABA

AFITE UBWENGE

BW’INGOMA NYINSHI YARIYE.»

Nuko

abakambwe

batahutiweho

n’urubyaro rwabo,

basubizwa ibyabo

n’ubukuru bwabo.

Si jye wahera,hahera abidishyi n’umwami wabo.

Nitwa HAKIZIMANA Maurice

Hakizimana Maurice ni umwarimu w’umwuga (masters Meef) wize uburezi muri Université Catholique de Paris n’ubumenyamuntu(sociologie) muri Sorbonne Université,akaba yigisha mu Bufaransa.Wamukurikira kuri : Facebook,Twitter na Instagram

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *