Inkuru y’uko muri Suwede hagiye kubera amarushanwa mpuzamahanga yo gukora imibonano mpuzabitsina ryiswe European Sex Championship ni igihuha,ni ikinyoma cyambaye ubusa

HAKIZIMANA Maurice

Ibyiswe “European Sex Championship,” ni ukuvuga amarushanwa yo gusambana byeruye ku mugabane w’iburayi ngo yagombaga gutangirira muri SUWEDE aho ngo Leta yaba yaremeje ko imibonano mpuzabitsina nayo yinjiye muri siporo mu zindi (mu nkuru yakwirakwijwe hose ngo Sweden’s official sports body,urwego rw’igihugu rushinzwe imikino muri Suwede, rwemeje ko gutera akabariro bigizwe siporo mu zindi kandi ko hashinzwe “Swedish Federation of Sex,” ) aho iminota y’umukino yagombaga kuba hagati y’iminota 45-60 ni IGIHUHA, ni IKINYOMA cyambaye ubusa.

 (Screenshot via Twitter)

Yaba icyiswe “European Sex Championship” yaba icyiswe “Swedish Federation of Sex” byose ni ibihimbano.

Kuva tariki 4 kamena 2023, ibinyamakuru bitiyubashye harimo n’IGIHE.COM (kanda hano usome ukuntu IGIHE cyahatwitswe koko)byakwirakwije ku bwinshi icyo kinyoma ni uko imbuga nkoranyambaga zibisamira hejuru hakozwa za posts nyinshi cyane abantu barishimisha koko.

Ibinyamakuru kuva mu Buhinde  kugeza Nijeriya byabisamiye hejuru. Abantu bikundira ikinyoma koko. Bageze n’ubwo bavuga itariki iyo mikino izatangiriraho: 8 Kamena 2023.

Erega bongeraho n’amabwiriza y’imikino: amasaha atandatu ku munsi,umukinnyi mwiza akamara nibura iminota 40-45 kandi ngo bagakina mu byiciro by’abasambana: abasambana mu kanwa,mu kibuno,no mu buryo busanzwe.

Bongeraho ko bizajya bikorerwa imbere y’inteko itora igizwe n’abazwi ku izina ry’aba judges yemeza uwatsinze igikorwa cyose-kuva ku gukuyakuya,kumara umwanya munini,n’ibindi,harimo no gusubiza ibibazo bya bo.Iyi si irahimba.

Nabanje kubihaka ariko mfata umwanya wo kubibaririza dore ko ari hafi aha,ni uko mbona ikinyamakuru kizima cyo muri Suwede cyitwa  Göteborgs-Posten cyakoze inkuru cyamagana ibyo binyoma, ariko mbaza n’umuntu ukora muri Swedish Sports Confederation (RF) ambwira ko ibyo bintu atari ukuri cyangwa ngo nibura bibe hafi y’ukuri.

Inkuru igeze kuri bwana Björn Eriksson, uyobora Federation RF, arakaye cyane yahise agira ati “ayo makuru ni ubusutwa, kandi ntari ku rwego rwacu.Dufite ibintu bizima duhugiyemo byo gukora .” 

Eriksson yongeye kubazwa icyo abivugaho mu kinyamakuru Efter Fem kuri TV4, nyuma  y’uko ikindi kinyamakuru cyo muri Suwede kibajije impamvu abashinzwe imikino batabyamagana,yarabasubije ngo: “Ndizera ko buno bugoryi buzashira. Ababihimbye si twe,bareke bishimishe.” 

Hari  urubuga rwa interineti  ruvuga ko ari urwa Federation of Sex in Sweden rwemeza ko ayo marushanwa azabaho kuva tariki ya 8 kamena 2023,kandi ko azajya atambutswa live/en direct kuri interineti. Ubwo abahakana iyi nkuru mutegereze EJO si kera.

(Screenshot y’urubuga rwiyise swedishsexfederation.com)    

Mugire ibihe byiza,mwirinda gusamira hejuru buri nkuru yose ihise ku mbuga nkoranyambaga.

Nitwa Hakizimana Maurice

Hakizimana Maurice ni umwarimu w’umwuga (Master MEEF/Sciences de l’Education/Sociologie) Université Catholique de Paris/Sorbonne Université,akaba yigisha mu Bufaransa.Wamukurikira kandi kuri : Facebook,Twitter na Instagram

Komeza gukurikira uru rubuga rwigisha uzamenya byinshi ukeneye mu buzima bwa buri munsi.
Injira muri groupe facebook https://www.facebook.com/groups/565816492326178/?ref=share
Injira muri groupe WhatsApp https://chat.whatsapp.com/CIc4qkwAzWz2Fa0F68JBGk

90 thoughts on “Inkuru y’uko muri Suwede hagiye kubera amarushanwa mpuzamahanga yo gukora imibonano mpuzabitsina ryiswe European Sex Championship ni igihuha,ni ikinyoma cyambaye ubusa

  1. I like the valuable information you provide in your articles.I will bookmark your blog and check again here frequently.I am quite certain I’ll learn plenty of new stuff right here!Best of luck for the next!

  2. You can definitely see your expertise within the article you write.The sector hopes for even more passionate writers such as you who aren’t afraid to say how they believe.At all times go after your heart.

  3. Taxi moto line128 Rue la Boétie75008 Paris+33 6 51 612 712  Taxi moto parisHey! Do you use Twitter? I’d like to follow you if that would be okay.I’m undoubtedly enjoying your blog and look forward to new updates.

  4. A fascinating discussion is worth comment. I believe that you should publish more about this issue, it may not be a taboo subject but typically people don’t discuss these issues. To the next! All the best!!

  5. I am no longer sure the place you’re getting your information, but good topic.I must spend a while finding out more or understanding more.Thanks for magnificent information I used to be on the lookout for this information for my mission.

  6. Aw, this was an incredibly good post. Taking the time and actual effort to generate a really good articleÖ but what can I sayÖ I procrastinate a whole lot and never manage to get nearly anything done.

  7. What’s Taking place i am new to this, I stumbledupon this I’ve discovered It positively useful and it has aided me out loads.I’m hoping to contribute & assist other customers like its helpedme. Great job.

  8. What’s Taking place i am new to this, I stumbled upon this I have discovered It absolutely useful and it hashelped me out loads. I’m hoping to give a contribution & help other users like its helpedme. Great job.

  9. I blog often and I really thank you for your information. Your article has truly peaked my interest. I will take a note of your blog and keep checking for new details about once per week. I subscribed to your Feed as well.

  10. Good info and straight to the point. I am not sure if this is actually the best place to ask but do you folks have any thoughtson where to hire some professional writers? Thx 🙂

  11. Howdy are using WordPress for your blog platform?I’m new to the blog world but I’m trying to get startedand create my own. Do you require any coding expertise to make yourown blog? Any help would be greatly appreciated!my blog :: growing indoors

  12. Aw, this was a really nice post. Spending some time and actual effort to make a very good articleÖ but what can I sayÖ I put things off a whole lot and never seem to get nearly anything done.

  13. Hi i am kavin, its my first occasion to commenting anywhere,when i read this article i thought i could also makecomment due to this brilliant post.

  14. สล็อตเว็บตรง สล็อต PG ไม่ผ่านเอเย่นต์สมัครสล็อตpg ทดลองเล่นได้แล้วที่นี่PGTHAI.CLUBสมัคร สล็อต pg แตกง่ายสล็อต pg เว็บตรง

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *