Haba hari umuntu wagutengushye, ukurushya, wakugambaniye,waguhahamuye,wagututse ? Wihangayika: urugendo rwawe nawe ni rugufi cyane.

HAKIZIMANA Maurice

Wikabya guhangayika: urugendo rwawe nawe ni rugufi cyane.

Umugore yuriye Bisi yicara iruhande rw’umugabo w’umugenzi,yurira amukubita inkubara ntacyo yitayeho amusyonyoza ibivalisi bye n’umutima mubi. Uwo mugabo yakomeje gutuza cyane,bituma wa mugore akorwa n’isoni kera kabaye aramubaza ngo bishoboka gute ko utanitotomba kandi ndi kukubuza amahoro n’ibivalisi byanjye,nkanabigusyonyoza? Wa mugabo amumwenyurira gahoro,amusubiza atuje ati:


“Si ngombwa rwose ko mpangayikishwa cyane n’ubu bushotoranyi bwawe butagize icyo buvuze,kuko n’ubundi,urugendo rwanjye na we ni rugufi cyane,ndaviramo ku cyapa gikurikiraho”


Ayo magambo apimye neza yahungabanyije nyamugore cyane ku buryo yari hafi gupfukama amusaba imbabazi,yaramwinginze ngo amubabarire;kandi iyi nkuru ni we ubwe waje kuyibara,avuga ukuntu aya magambo make ariko ya zahabu yamukorogoshoye kugera mu misokoro.


Amasomo twakuramo ni menshi cyane: buri wese muri twe yagombye kumva ko igihe dufite muri iyi si ari kigufi cyane,ubuzima ubwabwo ni bugufi ku buryo tutagombye kumara igihe kinini duhangayikishijwe n’uburofa butaduhaye agaciro,ishyali,kumara ibyumweru n’ibyumweru twibyimbishije, tubabaye, duhekenya amenyo,turwaye inzika,tunungunitse,dushaririye,hamwe n’indi myifatire ibishya ubuzima,idutwara igihe n’imbaraga zacu twagombye gukoresha twishimira kandi turya ubuzima.


Hari uwakubabaje cyane? Tuza.Urugendo rwawe na we ni rugufi cyane.
Hari umuntu wagutengushye, ukurushya, wakugambaniye,waguhahamuye? Wihangayika: urugendo rwawe nawe ni rugufi cyane. 
Hari uwagututse akagutukuza nta n’impamvu ? Tuza. Byirengagize,urugendo rwawe nawe ni rugufi cyane.
Hari uwakubwiye amagambo yicana nk’inkota?  Tuza. Ndetse niba ubishoboye mubabarire mu mutima wawe,nibigukundira unamushyire mu isengesho, umukunde nta mpamvu.


Uru rugendo ni rugufi.

Uko ibibazo byacu byaba bingana kose,uko abandi bene wacu cyangwa rubanda baba badufata kose, ntidushobora kubahindura,ariko twe dushobora guhindura uko twakira ubugome, ubutiriganya, n’ubushotoranyi bwabo: bifate nk’ibizamara igihe gito,kuko urugendo rwawe nabo ari rugufi.Ntawe uzi neza niba ejo azaba akiriho.Iyi “bisi” turimo twese,ubu buzima,iyi si,nta n’umwe uzi igihe azaviramo,ariko kuri buri cyapa bavamo hakinjira abandi. Ni ko bimeze. Wihangayika ,ngo urenze urugero, uguhungabanya wese azagira igihe cye,aceho, nawe kandi ni uko. Twese ni uko. Uru rugendo ni rugufi.

Nimureke turyoherwe n’ubuzima hamwe n’incuti zacu,umuryango na bene wacu. Hora ucyeye mu maso. Tuma abo muri kumwe bose bamwenyura,bubahe. Jya uba umuntu mwiza uko ushoboye kose,ugira ikinyabupfura mu byo uvuga no mu byo ukora. Horana umutima mwiza gusa gusa,kuko igitima kibi kibishya ubuzima. Erega,Uru rugendo ni rugufi. Abo muri kumwe ahantu hose nibacikwa bakakwendereza cyangwa bakabigira nkana,wiba igifura,witomboka,ifate,tuza tuza tuza …ntimuragumana igihe kirekire….. Urugendo rwacu nabo ni rugufi.

Ngibyo,nabateraga inkunga yo kwihanganirana no kudatomboka, kuko abaturushya muri uru rugendo ntituzagumana nabo iteka, urugendo rwacu nabo ni rugufi.Nibataviramo ku cyapa gikurikiyeho ni twe turavamo.

Je vous love you all

Hakizimana Maurice

Le professeur Hakizimana Maurice est un enseignant professionnel diplômé de l’Université catholique de Paris et des sciences humaines de l’Université de la Sorbonne et enseigne au second degré en France. Suivez-le sur  Facebook,Twitter et Instagram

Izindi ngingo nanditse zivuga ku mibanire myiza n’imico mbonezamubano(kanda ho uzisome):

“Erega kuba umukire ntibisobanura kurata ibyo utunze! Ikindi kandi,si byiza kubaho nk’ “umwami” kandi uri “umugaragu”!”

UGEZE HE WIKURA MU RWOBO,WIKUNKUMURA ITAKA? IRWANEHO KANDI BUCECE

Ese ari IBINTU ari ABANTU ushyira imbere iki? Twongere tube “abantu” nyamuneka!

Mu mibanire yawe n’abandi, jya ugirira ibanga uwaguye mu makosa, mu cyaha, ntukamutarange ntukamukoze isoni!

URAGOWE WOWE WISHINGA AMAGAMBO Y’ABANTU!DORE UMUTI WA “BA NTAMUNOZA”

Ibintu bitandatu wagombye guhindura mu buzima bwawe ukishima! Ntawe ubikubereyemo!

DORE UBUSIRIMU….DORE UMUCO….DORE AMATEGEKO MBONEZAMUBANO!

Imbuga nkoranyambaga (zihuza abantu) zishobora no kuba Imbuga ntanyambaga(zitanya abantu)! Ndabigusobanurira

NTUKISHIMIRE IBYAGO BY’ABANDI,UYU MUNSI NI WE,EJO NI WOWE,”RURIYE ABANDI RUTAKWIBAGIWE”

CISHA MAKE,SHYIRA IBIRENGE BYAWE KU BUTAKA,WIKWIREMEREZA.IGIHE CYAWE CYO GUCISHWA BUGUFI KIZAGERA.

Ushobora kuba umuntu mwiza n’ubwo waba ukorera “Leta mbi” cyangwa ukora “akazi kazwi ho ubugome”! Ubishatse wakora ikinyuranyo!

NTUKAJYE IMPAKA N’ “INDOGOBE”!

Ntugasezeranye umuntu ikintu niba utazagikora kandi ku gihe,biramwangiza!

Dore ifoto igaragaza uko abantu babanye n’abandi muri iyi si!!

UBWIZA BWAWE BUBENGERANA BURAMBANGAMIRA”-Bengerana rwose,abanyeshyali ntiwabashobora

One thought on “Haba hari umuntu wagutengushye, ukurushya, wakugambaniye,waguhahamuye,wagututse ? Wihangayika: urugendo rwawe nawe ni rugufi cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *