Saïf al-Islam Kadhafi, umuhungu w’uwahoze ari umuyobozi wa Libiya Mouammar Kadhafi, yiciwe muri Libiya ku itariki ya 3 Gashyantare 2026, afite imyaka 53, nk’uko byemezwa n’itangazamakuru mpuzamahanga ritandukanye ndetse n’abo mu muryango we n’abo bakoranaga na we..
Saïf al-Islam Kadhafi muri 2021.
(1) Icyo tuzi ku rupfu rwe
Saïf al-Islam yiciwe mu gitero cyateguwe neza cyane cy’abantu bitwaje intwaro bataramenyekana, bagabye igitero mu rugo rwe ruherereye i Zintan, mu burengerazuba bwa Libiya.
Umujyanama we mu bya politiki, Abdullah Othman, yemeje urupfu rwe abinyujije mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga.
Abatangabuhamya bavuze ko abagabye igitero bari abantu bane, babanje guhagarika kamera z’iwe z’umutekano mbere yo kumwica.
Kugeza ubu, abakoze icyo gikorwa ntibaramenyekana, kandi nta rwego na rumwe rwa Leta ya Libiya ruratanga itangazo ryuzuye ryemeza ibyabaye.
(2) Saïf al-Islam Kadhafi yari muntu ki?
Saïf al-Islam Kadhafi yavukiye i Tripoli muri Libiya ku itariki ya 25 Kamena 1972. Yari umuhungu wa kabiri wa Mouammar Kadhafi, wayoboye Libiya kuva mu 1969 kugeza mu 2011, na Safia Farkash. Yakuriye mu mutima w’ubutegetsi, mu rwego rwa politiki rwaranzwe cyane n’ingengabitekerezo ya Jamahiriya, sisiteme yashyizweho na se.
Mu bijyanye n’amashuri, Saïf al-Islam yize amashuri meza yo ku rwego mpuzamahanga. Yize ubwubatsi n’ubuhanga (ingénierie) muri kaminuza ya Al-Fateh i Tripoli, nyuma ajya gukomereza amasomo mu mahanga. Yabonye impamyabumenyi ya Master n’iya Doctorat muri London School of Economics (LSE). Igitabo cye cya dogitorat cyibandaga ku ruhare rwa sosiyete sivile mu miyoborere y’isi, ibintu byazamuye isura ye nk’uzasimbura se mu bitekerezo by’ivugurura, mbese nk’umusore ujijutse ushaka kuvugurura Leta ya Libiya.
Guhera mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, yabaye umwe mu bantu bakomeye cyane muri politiki ya Libiya nubwo atigeze aba mu nzego nkuru mu gihugu ku mugaragaro. Yayoboye umuryango Fondation Kadhafi pour le développement, aho yagiye yinjira mu bibazo bikomeye birimo kurekura imfungwa za politiki, ubuhuza mu bya dipolomasi, n’ibiganiro n’ibihugu by’iburengerazuba, cyane cyane ku bihano mpuzamahanga no kuri porogaramu ya nikleyeri ya Libiya. Muri icyo gihe, benshi bamubonaga nk’ushobora gusimbura se,abonwa nk’umwubatsi w’inzibacyuho igana ku mavugurura ya politiki n’ubukungu.
Icyakora, iyo shusho yahise isenyuka mu mwaka wa 2011, mu gihe cy’imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bwa se. Saïf al-Islam yihagazeho ashyigikira ubutegetsi bwa se ku mugaragaro, akoresha amagambo akakaye, yamagana inyeshyamba kandi avuga ko hari ukwivanga kw’amahanga. Nyuma yo kugwa kwa Tripoli, no gutsindwa kwa se, yafashwe mu Ugushyingo 2011 n’umutwe w’inyeshyamba wo muri Zintan.
Mu mwaka wa 2015, yakatiwe igihano cy’urupfu adahari n’urukiko rwa Tripoli, mu gihe Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) rwamushakaga ku byaha byibasiye inyokomuntu. Muri 2017, hatangajwe ko yarekuwe akaba yibera mu burasirazuba bwa Libiya hakurikijwe itegeko ry’imbabazi.
Kuva icyo gihe, Saïf al-Islam Kadhafi yabayeho atigaragaza cyane, agaragara rimwe na rimwe mu biganiro bya politiki. Yagerageje kongera kwigaragaza nk’umunyapolitiki ushobora guhuza igihugu, cyane cyane mu biganiro by’amatora y’umukuru w’igihugu, ashingira ku nkunga y’abaturage n’abandi bari bakumbuye igihe cy’ubutegetsi bwa Kadhafi. Izina rye ryakomeje gutera impaka zikomeye muri Libiya ikiri mu bibazo by’umutekano muke, amacakubiri n’ingaruka z’intambara
Saïf al-Islam Kadhafi mu cyumba cy’urukiko rwa Zintan (Libiya), ku wa 25 Gicurasi 2014. REUTERS
“Itsinda ry’abantu ryateye urugo rwa Saïf al-Islam Kadhafi nyuma yo guhagarika kamera z’umutekano, hanyuma baramwica”, byanditswe na televiziyo Libya Al-Ahrar kuri X, isubiramo amagambo yavuzwe.
(3) Yashakishwaga na CPI ku byaha byibasiye inyokomuntu
“Docteur PhD Saïf al-Islam yapfuye nk’uwahowe Imana (martyr)”, ni ko mubyara we Hamid Kadhafi yatangaje kuri telefoni kuri iyo televiziyo. “Nta yandi makuru dufite.”
Saïf al-Islam Kadhafi, washakishwaga na CPI ku byaha byibasiye inyokomuntu, yari yarafatiwe mu majyepfo ya Libiya. Yamaze igihe kinini afungiye i Zintan, ahamwa n’urukiko rwa Tripoli mu 2015, agakatirwa igihano cy’urupfu nyuma y’urubanza rwihuse, kubera uruhare rwe mu gukandamiza abantu bigaragambyaga barwanyaga ubutegetsi bwa se, mbere yo guhabwa imbabazi.
Kugeza ejo hatangazwa urupfu rwe, ntawe ari uzi neza aho yari aherereye. Mu mwaka wa 2021, nubwo yashakishwaga, yashyikirije kandidatire ye ku mwanya wa perezida, ashingira ku nkunga y’abashaka kugarura ubutegetsi bwa kera. Amatora ntiyigeze aba.
(4) Ni bande bakekwa ho kumwica? Ni bande bagira inyungu mu rupfu rwe?
🌍 TIDAS – Traduction (guhindura mu ndimi inyandiko), Interprétariat (gusemura) &Accompagnement dans vos démarches d’asile et de séjour en France” (gufasha byose mu bijyanye n’amadosiye asaba ubuhunzi, gutura, no kubona ibyangombwa byose byo gukorera no kuba mu Bufaransa)
Murakaza neza muri TIDAS
Intego yacu: gufasha abanyamahanga baba mu Bufaransa guhangana n’imbogamizi z’ururimi n’iz’ibyangombwa byose.
Serivisi zacu:
✅ Itumanaho n’ubusemuzi mu gihe cyo guhura n’abategetsi cyangwa gushyira ku murongo dosiye zawe ✅ Kugufasha dosiye zo gusaba ubuhungiro ✅ Ubufasha bwose mu bijyanye n’amadosiye yo gutura, no kubona ibyangombwa byose byo gukorera,kwiga no kuba mu Bufaransa
Hamwe na TIDAS, ubona serivisi ya kinyamwuga, yemewe n’amategeko; yita ku bantu kandi yizewe. Twizera ko buri muntu akwiye gutegwa amatwi no gufashwa.
📞 Twandikire uyu munsi tuvugane ku mushinga wawe kuri (+33) 07 58 90 35 49 cyangwa utwandikire kuri tidasetvous@gmail.com
✨ TIDAS :
“TIDAS – Iguhora hafi ” “Ijwi ry’Abanyamahanga mu Bufaransa” “Gusobanukirwa, Gusemura, Gufasha”